Vestine yasutse amarira, Dorcas asaba amasengesho mu kizamini cya Leta ubwo M. Irénée yabahaga impanuro za kibyeyi abaherekeje ku ishuri

 Vestine yasutse amarira, Dorcas asaba amasengesho mu kizamini cya Leta ubwo M. Irénée yabahaga impanuro za kibyeyi abaherekeje ku ishuri


Itsinda ry’abaramyi Vestine na Dorcas
rimaze kuba kimenyabose ko bakora umuziki wabo uhimbaza Imana bawubangikanya n’amasomo dore ko bombi bakiga mu mashuri yisumbuye ariko mu myaka itandukanye. Ubwo bazaga mu kiruhuko k’ibyumweru bibiri nk’abandi, iminsi yabo yaranzwe na byinshi haba iby’ubuzima bwabo bwite ndetse n’iby’umuziki dore ko ari wo mwanya baba babonye. Ubwo rero basubiraga ku masomo y’igihembwe gikurikira, umunyamakuru akaba n’umujyanama wabo MURINDAHABI Irénée uzwi cyane nka M. Irénée yabaherekeje nk’ibisanzwe banagirana ikiganiro cyo kubasezeraho.


Ni muri Video yatangajwe ku rubuga rwa YouTube rwa MIE EMPIRE kuri uyu wa 27 Mata 2022 ubwo umunyamakuru Irénée yerekezaga i Musanze iwabo wa Vestine na Dorcas ngo abafashe gusubira ku ishuri no kuba basezeye ku bakunzi babo. Ubwo rero bari berekezaga aho Dorcas yiga, mukuru we Vestine yaje guturika ararira bitewe no kuba agiye gusubira ku ishuri kandi igihembwe gushize umusaruro utarabaye mwiza cyane. Dorcas na Irénée bahise bamwihanganisha ndetse bamusaba kumenya aho bitagenze neza akazahakosora muri iki gihembwe.


Dorcas we nta kindi yisabiye abakunzi be uretse amasengesho ku itariki ya 25 Nyakanga ubwo azaba yicaye imbere y’ikizamini cya Leta gisoza Ikiciro Rusange (Tronc-commun). Yagize ati: ”Mu kwa karindwi ku itariki 25 unkunda wese azabe yiherereye. Azabe ari ahantu ari kuvuga ngo Mana Dorcas Mana Dorcas”.


Umunyamakuru M. Irénée akanaba umujyanama w’aba bahanzikazi mu muziki, yabagiriye inama nk’umuntu mukuru ababwira ko kubangikanya amasomo no kwamamara bisaba kugerageza kwitwara neza nk’umuntu uba ari umusitari ukunzwe ngo hatagira umucishamo ijisho.

Mu magambo ye ati: ”Niyo mpamvu ngira ngo mu Rwanda ni bwo bibayeho ko umuntu yamamara ku rwego nk’urwanyu ari mu inshuri. Bivuze ko abantu baba bakwitezeho kubona amanota yawe, bakwitezeho kubona performance yawe yaba stage yaba imiziki yaba no mu ishuri. Niyo mpamvu nyine kwitwararika mu mabwire ya buri munsi aba ari ngombwa”.


Muri icyo kiganiro aba bahanzi bateguje indirimbo yabo izasohoka yitwa Arakiza gusa ikazaca kuri YouTube channel yitwa MIE Musics itandukanye na MIE EMPIRE yari isanzwe inyuraho izindi bakoze mwakunze cyane zirimo na Si Bayali iheruka. Aba bahanzikazi bamaze igihe gito mu muziki gusa bamaze gukora indirimbo 6 zakunzwe bikomeye dore ko eshanu za mbere nta yo iri munsi ya miliyoni 3 z’abantu bayirebye kuri YouTube mu gihe Si Bayali yo igejeje muri miliyoni n’abantu ibihumbi 300 bayirebye mu gihe kingana nk’ukwezi imaze isohotse.

Bob Sumayire

Related post

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *